Home UbuzimaBwa mbere mu Rwanda hagaragaye umubare munini w’abacyize icyorezo cya covid 19 ku munsi umwe

Bwa mbere mu Rwanda hagaragaye umubare munini w’abacyize icyorezo cya covid 19 ku munsi umwe

by admin
0 comments

Minisiteri y’ubuzima itangaza ko kuri uyu wa 14/09/2020 habonetse umubare munini w’abakize icyorezo cya covid 19 kuko hakize abantu 180 uyu akaba ariwo mu bare munini ubayeho kuva icyorezo cyagera mu Rwanda mu kwezi kwa gatatu 2020.

Nubwo ariko hakize umubare mu nini ariko na none habonetse abanduye bagera kuri 11 gusa,habonetse 5 mu mujyi wa Kigali,1 Rusizi,1 Bugesera,1Rulindo,3 Nyamagabe bivuze ko kugeza ubu mu Rwanda abamaze kwandura kino cyorezo bageze kuri 4602,abamaze gukira bagera kuri 2773,abakirwaye ni 1844 kugeza ubu mu Rwanda abamaze gupimwa kino cyorezo baragera kuri 464583,abamaze guhitanwa na kino cyorezo bagera kuri 22

Minisiteri y’ubuzima irakomeza gukangurira abanyarwanda bose gukomeza gukaza ingamba zo guhangana na covid 19 kuko kino cyorezo kigihangayikishije isi n’u Rwanda by’umwihariko.

Minisante itangaza ko ijanisha ku bapfa rihagaze kuri 0.48%, mu gihe iry’abandura ari 0.65%.

Kuva umurwayi wa mbere wa Coronavirus agaragaye mu Rwanda ku wa 14 Werurwe 2020, nibwo bwa mbere habonetse umubare munini w’abantu bakize mu munsi umwe.

Umubare munini u Rwanda rwaherukaga kugira w’abakize Coronavirus ni 95, basezerewe mu bitaro ku wa 31 Kanama 2020 nyuma yo gusuzumwa bagasanwa nta bwandu bwa virusi bagifite mu mibiri yabo.

Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.

Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.

Image

You may also like

Leave a Comment