Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani ariko iri gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda yasezerewe muri CAF Champions League nyuma yo gutsindirwa na RS Berkane kuri Stade Amahoro igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wabaye kuri iki Cyumweru.
Ni unukino watangiye ku isaha ya Saa Kumi n’Ebyiri zuzuye urangira RS Berkane itsinze igitego 1-0 cyatsinzwe na Mounir Chouiar mu minota irindwi y’inyongera mu gihe mu mukino ubanza wabereye muri Maroc mu mpera z’icyumweru gishize bari banganyi 1-1, RS Berkane ikomeza muri 1/2 itsinze ibitego 2-1 mu mikino ibiri.
Igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0 mu gice cya kabiri RS Berkane yabonye penaliti ku munota wa 61 ariko Mounir Chouiar ayiteye ikurwamo neza n’umunyezamu Sofiane Farid.
Iminota 90 isanzwe yarangiye amakipe yombi akinganya 0-0 maze hongerwaho irindwi. Ku munota wa gatandatu w’inyongera Munir Chouiar yakiriye umupira mu rubuga rw’amahina maze atazuyaje ahita awutera mu izamu rya Al Hilal SC atsindira RS Berkane igitego cyanarangije umukino ari 1-0.
RS Berkane yageze muri 1/2 cya CAF Champions League itsinze ibitego 2-1 mu mikino ibiri, aho izahurira na AS FAR Rabat nayo y’iwabo muri Maroc yo yaraye isezereye Pyramids FC yo mu Misiri.