Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Rwanda Day, ijya gushyirwaho mu 2010 kwari ukugira ngo Abanyarwanda bari mu bice bitandukanye by’Isi bakomeze kugirana umubano wa hafi n’abo basize mu gihugu cy’inkomoko, ashimangira ko Abanyarwanda baba mu mahanga bagomba kumenya ko nubwo bava mu Rwanda rwo ruzabagumamo.
Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa 3 Mutarama 2024, mu ijambo yagejeje ku bihumbi by’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bitabiriye Rwanda Day 2024 yabereye i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Perezida Kagame ati “Uko wava mu Rwanda kose ukajya aho ushaka, ntabwo u Rwanda rukuvamo, rugumana nawe. Birashoboka ko iyo ugumanye na rwo mu buryo runaka, ari byiza kuri twese. Ni byiza ku Rwanda ni byiza kuri wowe ndetse birashoboka.”
Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko iyi ari yo mpamvu buri gihe iyo abonye umwanya, hategurwa ibi birori bya Rwanda Day, agaragaza ko byagiye bibera mu bice bitandukanye birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada u Burayi n’ahandi, ndetse ashimangira ko bizakomeza gutegurwa.
Perezida Kagame yeretse abitabiriye Rwanda Day 2024 ko nyuma y’imyaka 30 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, abenshi bari bitabiriye Rwanda Day, muri ibyo bihe bari bafite imyaka iri hafi cyangwa irengaho gato kuri 30, akagaragaza ko ibyo bibafasha kumva neza ko ejo hazaza h’u Rwanda n’Abanyarwanda hari mu biganza byabo.
Perezida Kagame kandi yahaye umukoro urubyiruko rw’u Rwanda, arwereka ko ari rwo igihugu cyishingikirijeho ndetse kirwizeramo ubushobozi, ndetse kikumva ko rwarezwe mu buryo buzagira umumaro kandi bugashyira u Rwanda aho rukwiriye kuba.
Ati “Ni inshingano zanyu, ayo ni amahitamo mugomba gukora kandi ntabwo nzi impamvu mutahitamo neza.”
Yashimiye abantu bari mu nzego zitandukanye zaba iz’ubucuruzi, iza politike, mu miryango nyobokamana n’izindi, ku byo bakoze ndetse bari gukora biteza imbere igihugu, ariko abibutsa ko bagomba kumenya ko hari ibindi byinshi byiza biri imbere bagomba kugeraho.
Ati “Ni iby’agaciro kuba turi hano. Turabashimira ku byo mwakoze n’ibyo muri gukora, tukanabasaba gukora byinshi. Kubasaba gukora byinshi si ugutesha agaciro ibyo mwakoze ahubwo ni ukuri kw’ibihe turimo ndetse n’ibyo dutegerejweho.”
Uretse guhuza Abanyarwanda, kubafasha kutibagirwa igihugu cy’inkomoko, Rwanda Day yagize uruhare rukomeye cyane kuko yatumye Abanyarwanda baba mu mahanga bongera amafaranga bohereza mu Rwanda umunsi ku wundi.
Kuva mu 2000 kugeza mu 2005 Abanyarwanda baba mu mahanga bohereje hagati ya miliyoni 3,6$ na miliyoni 8,6$, mu myaka ine yakurikiyeho ava kuri miliyoni 25$ agera kuri miliyoni 98,2$, mu 2010 bohereza miliyoni 65$ mu gihe mu 2017 bohereza miliyoni 176$.
Uyu musaruro wakomeje kwiyongera aho hagati ya 2018 na 2019 Abanyarwanda baba mu mahanga bohereje miliyoni 253$ mu 2021 bohereza miliyoni 377 $, mu mwaka wakurikiyeho zigera kuri miliyoni 444$, mu gihe mu mwaka washize amafaranga yoherezwa mu gihugu bikozwe n’Abanyarwanda baba mu mahanga yageze kuri miliyoni 470$.Perezida Kagame yahanuye urubyiruko arwereka ko ari rwo igihugu gitezeho ejo heza hacyo
Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda baba mu mahanga ko bagomba guhora batekereza ku gihugu cy’inkomoko
Perezida Kagame yashimiye abo mu nzego zitandukanye ku muhati bakomeje kugaragaza ku iterambere ry’igihugu
Perezida Kagame yagaragaje ko ibyabaye ku Rwanda mu myaka 30 ishize bitakongera kuba uko byagenda kose
